Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa ryatangaje ko ritigeze rimenyesha abanyamuryango bayo bakina ikiciro cya mbere mu Rwanda ko bongereye umubare w’Abanyamahanga bemewe ku mikino ya Shampiyona.
Ibi yabitangaje nyuma y’amakuru yavugaga ko amakipe azakina shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino 2024-2025, yamenyeshejwe ko yemerewe gukinisha abanyamahanga umunani mu kibuga ariko ku rupapuro rw’abakinnyi bakoreshwa ku mukino hakajyaho abanyamahanga 12.
Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo Ferwafa yatangaje ko umubare w’Abanyamahanga bemewe ku mukino utari wahinduka. 
Biteganyijwe ko shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Rwanda mu bagabo izatangira tariki ya 18 Kanama 2024.


