FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), yategetse ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania kwishyura Umubiligi Luc Eymael wahoze ari umutoza abarirwa muri $152,000 (arenga Frw miliyoni 152) kubera kumwirukana mu buryo butemewe n’amategeko.

Luc yageze mu Rwanda muri 2014 aje gusimbura Umufaransa Didier Gomez da Rosa wari umaze kwerekeza muri Coton Sports de Garoua yo muri CamĂ©roun, atandukana na yo amaze kuyitoza imikino 14 irimo umwe yatsinzwe ndetse n’undi umwe yanganyije.

Yahagaritswe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) imikino 8 n’ihazabu ry’ibihumbi 200 kubera uruhare yagize mu mvururu zakurikiye umukino Rayon Sports yatsindiwemo na AS Kigali kuri Stade Amahoro i Remera.

Muri Nyakanga 2020 ni bwo ikipe ya Young Africans yirukanye umutoza Luc Eymael wari uyimazemo igihe gito ndetse inamutegeka kuva ku butaka bwa Tanzania vuba na bwangu, nyuma y’amagambo y’irondaruhu yari yatangaje ku bafana bayo.

Ubwo Young Africans yari imaze gukina na Lipui FC mu mukino w’umunsi wa nyuma wa shampiyona ya Tanzania warangiye itsinzwe igitego 1-0, umutoza Luc Eymael yumvikanye yita abaturage ba Tanzania ‘injiji’ na ho abafana ba Young Africans abita ‘imbwa n’inkende’ zirirwa zisakuza.

Ni amagambo yababaje cyane ubuyobozi bwa Young Africans buhita bumwirukana nyuma yo gusesa amasezerano ye.

Uyu Mubiligi cyakora cyo yaje gutanga ikirego muri FIFA avuga ko iriya kipe ikunzwe kurusha izindi muri Tanzania yamwirukanye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni ikirego ruriya rwego ruyobora umupira w’amaguru ku Isi rwaje guha agaciro; rutegeka Young Africans kumwishyura $152,000. Yanga yahawe iminsi 45 yo kuba yamaze kwishyura uriya mutoza, bitaba ibyo igafatirwa ibihano bikomeye.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152
    Ariko kuki buri gihe Fifa ibogamira ku batoza cyanecyane ingegera zinzungu ikarenganya amakipe? Umutoza apfa kubona agacontract akitwara uko ashatse ngo yirukanwe maze Fifs imuhemveshereze ayo atakoreye. Abahagarariye Africa bakwiye kuyivuganira kuri iki kibazo

    1. FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152
      Ariko se bamushimire irondaruhu genda African urakubititse pe ubukoroni buracyahari.

    2. FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152
      Ariko se bamushimire irondaruhu genda African urakubititse pe ubukoroni buracyahari.

  2. FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152
    Ariko kuki buri gihe Fifa ibogamira ku batoza cyanecyane ingegera zinzungu ikarenganya amakipe? Umutoza apfa kubona agacontract akitwara uko ashatse ngo yirukanwe maze Fifs imuhemveshereze ayo atakoreye. Abahagarariye Africa bakwiye kuyivuganira kuri iki kibazo

  3. FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152
    Erega African iracyari mu bukoroni atuke abantu azane ironda ruhu abishimirwe!!!????????????

  4. FIFA yategetse ko Luc Eymael watoje Rayon Sports yishyurwa arenga Frw miliyoni 152
    Erega African iracyari mu bukoroni atuke abantu azane ironda ruhu abishimirwe!!!????????????

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *