Fizi: Abantu 5 biciwe mu mirwano yahuje Gumino, Twirwaneho, Android na Biloze Bishambuke

Sangiza iyi nkuru

Umutekano uracyakemangwa muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho hagati yo kuwa Gatandatu no ku Cyumweru, itariki 18 Nzeri, ihuriro ry’imitwe ya Gumino, Twirwaneho na Android yongeye gukozanyaho mu mirwano ikaze n’umutwe wa Biloze Bishambuke .

Iyo mirwano mishya biravugwa ko yaguyemo abantu batanu abandi benshi barakomereka nk’uko byemezwa n’Umuhuzabikorwa wa sosiyete sivile SOCICO/RDC, Kelvin Bwija, avugana na L’interview.cd kuri uyu wa Mbere ushize.

Yatangaje ko imirwano yatangiye ubwo hagabwaga igitero ahacukurwa amabuye y’agaciro ahitwa Bigargara.

Kelvin Bwija yagize ati “Imitwe yitwaje intwaro ya Gumino, Twirwaneho na Android yahungabayije umutekano w’abaturage muri Teritwari ya Fizi, mu Murenge wa Mutambala, itera ahacukurwa amabuye y’agaciro mu gace ka Bigaragara”.

Iyi sosiyete sivile iramagana ibyo bikorwa ivuga ko bikomeje guhungabanya umutekano w’abaturage mu misozi yo muri Teritwari ya Uvira, Fizi na Mwenga.

Teritwari ya Fizi ikaba ikomeje kuvugwamo ubugizi bwa nabi bukorwa n’imitwe yitwaje intwaro y’abanyamahanga n’abanyagihugu kenshi ishingiye ku moko.

Abaturage basanzwe ni bo bakomeje kwibasirwa n’ubwo bugizi bwa nabi kuri ubu bugiye kumara imyaka isaga 10 muri iki gice.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *