Abapadiri bakorera muri diyosezi gatolika ya Ruhengeri mu Rwanda batsinze abo muri diyosezi ya Muyinga mu Burundi ibitego bitanu ku busa (5-0) mu mukino w’umupira w’amaguru wabaye kuri uyu wa 9 Mutarama 2023.
Uyu mukino wabereye kuri Stade Umuco iherereye mu ntara ya Muyinga saa cyenda z’igicamunsi, ukaba wabaye mu rwego rwo kwishimira umubano mwiza uri hagati ya diyosezi zombi.
Abapadiri bo mu Rwanda bari bambaye imyambaro y’umukino y’umuhondo, baragagaje umukino mwiza wo gusatira hagamijwe gushaka ibitego, ndetse byavuyemo umusaruro w’intsinzi iremereye bakuye kuri bagenzi babo bari bambaye umweru n’ubururu.
Ariko kandi mu masaa tanu, aba bapadiri bari babanje gukina umukino w’amaboko wa Basketball, aho aba diyosezi ya Muyinga batsinze abo mu Ruhengeri amanota 29 kuri 17.
Iyi mikino yatangijwe kandi ifungurwa n’Umushumba wa diyosezi ya Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana na mugenzi we w’iya Muyinga, Musenyeri Ntahondereye Joachim.






One Response
Football: Abapadiri bo mu Rwanda banyagiriye abo mu Burundi imbere y’abafana benshi
Mbega igikobwa cyiza urukundo nkurwo nirwamamare.