Mu Bufaransa hashyizweho umucamanza w’iperereza kugira ngo akore iperereza ku byerekeranye n’urupfu, rwo muri Mata 2011 i Abidjan, rw’uwari umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba witwa ” commando invisible “, Ibrahim Coulibaly, wishwe n’abasirikare ba Cote d’Ivoire. Muri uru rubanza, Guillaume Soro wahoze ari Minisitiri w’intebe aregwa ikirego cy’iyicarubozo n’ubwicanyi cyatanzwe muri Gicurasi 2020 .
Ni gute Ibrahim Coulibaly uzwi ku izina rya IB, yapfuye ku ya 27 Mata 2011 muri Abobo aho yari yahungiye? Iki ni ikibazo ubutabera bw’u Bufaransa bugomba kugerageza gusubiza nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Icyo gihe, Guverinoma ya Cote d’Ivoire yavuze ko uwari umuyobozi wa ” commando invisible “, yanze gushyira intwaro hasi nyuma y’ihirikwa rya Laurent Gbagbo wahoze ari perezida, abasirikare bagahatirwa kurasa bakica Ibrahim Coulibaly, murumuna we Soualio na Issiaka Timité.
Iyi verisiyo yakunze guterwa utwatsi n’abegereye IB, bemeza ko uyu yashakaga kwitanga. Nk’uko bigaragara mu kirego cyatanzwe mu mwaka wa 2020 mu izina ry’umukobwa we, Ibrahim Coulibaly yatawe muri yombi, akorerwa iyicarubozo, umurambo we usigwa ku gasi ku mabwiriza ya Guillaume Soro, bivugwa ko yahize bukware Coulibaly kugeza yishwe kugirango yikize uwo bari bahanganye.
Ku barega, aya makuru y’ubucamanza ni “intambwe nini igana imbere”. Avugana na AFP, umunyamategeko w’Umufaransa wunganira Guillaume Soro, Me Binsard, yamaganye ku ruhande rwe icyo yise gusebanya ashimangira ko uru rubanza rushingiye kuri politiki no kugerageza kwandika amateka atari yo”.
Soro yavuze ko yashakaga kwitabira amatora ya perezida wa Cote d’Ivoire ku ya 31 Ukwakira 2020.
Ku itariki ya 29 Mata 2020, Soro yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 adahari kubera icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta n’iyezandonke.


