Imirwano hagati y’abakunzi b’umupira w’amaguru n’abapolisi hirya no hino mu Bufaransa yatumye abantu barenga 400 batabwa muri yombi nyuma y’intsinzi ya Paris Saint-Germain (PSG) ku mukino wa nyuma wa Champions League na Arsenal.
Ibihumbi by’abapolisi boherejwe mu rwego rwo gukumira imvururu zari zahungabanyije ingendo za bus na gari ya moshi mu murwa mukuru Paris nk’uko bitangazwa na BBC.

Bivugwa ko hacanywe ibishashi bya fireworks, mu gihe abapolisi benshi bakomeretse muri urwo rugamba rwo guhangana n’abafana bishimiye intsinzi bakarengera.
Polisi yarashe ibyuka biryana mu maso kugirango itatanye imbaga yari yirunze mu mujyi.

Nubwo ari intsinzi yikurikiranya kuri PSG, wari umwaka wa kabiri wikurikiranya na none w’urugomo rushingiye ku mupira w’amaguru, nyuma y’urwakurikiye intsinzi y’iyi kipe yo mu Bufaransa mu 2025 hagapfa abantu.


