François Beya ushinjwa gushaka kwica Perezida Tshisekedi agiye gutangira kuburana

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’aho ubwunganizi bwa François Beya, wahoze ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu by’umutekano ukurikiranweho gucura umugambi wo kumwivugana, bunaniwe kubuza Urukiko rwa gisirikare kumuburanisha, guhera kuri uyu wa Kabiri agiye gutangira kuburanishwa nyuma y’aho hemerejwe ko uru rukiko rufite ubwo bubasha.

Ubwunganizi bwa Beya bwavugaga ko urukiko rukuru rwa gisirikare rudafite ububasha bwo kuburanisha umukiriya wabo kuko atari umusirikare cyangwa umupolisi ari umusivili kubw’ibyo akaba agomba kuburanishwa n’urukiko rwa gisivili.

Byongeye kandi, ubu bwunganizi bwari bwanasabye ko François Beya arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa adafunzwe nk’uko iyi nkuru dukesha Digital Congo ikomeza ivuga.

Ibi byose ariko byatewe utwatsi. Mu iburanisha ryo ku wa Gatanu, itariki ya 24 Kamena, urukiko rukuru rwa gisirikare rwatangaje ko “rufite ububasha” kubera “ihuriro” no “kudatandukanywa” kw’ibirego bishinjwa abaregwa bose, abenshi muri bo bakaba ari abasirikare.

François Beya watawe muri yombi ku ya 5 Gashyantare n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza, arashinjwa “umugambi mubisha” wo guhungabanya umutekano w’igihugu no gushaka kugirira nabi umukuru w’igihugu.

Abandi baregwanwa nawe ni Brigadier Tonton Twadi Sekele (utarafatwa), Colonel Tite Cikapa, Komiseri Mukuru (Colonel) Lily Tambwe Mauwa, Lt. Colonel Pierre Kalenga Kalenga n’umusivili, Guy Vanda.

Urukiko rukuru kandi rwanze icyifuzo cye cyo kurekurwa by’agateganyo. Iburanisha ritaha, rizabera mu muhezo, riteganijwe kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 28 Kamena ku cyicaro cy’urukiko rukuru. Rizaba gutyo kandi kugeza uru rubanza rurangiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *