Gabon: Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri hotel kubera kubura ubwishyu

Sangiza iyi nkuru

Mu gihugu cya Gabon hafungiwe abakinnyi batatu b’Abarundi bari bahagarariye igihugu mu Mikino Nyafurika y’Iteramakofe, aho bafungishijwe ijisho muri imwe mu mahoteli yo mu murwa mukuru Libreville kubera kubura ubwishyu. Aba bari kumwe n’abandi babiri bari babaherekeje, umutoza wabo n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe mu Burundi.

Byari biteganyijwe ko aba bazasubira mu Burundi kuwa Gatandatu nk’uko umwe muri bo yabitangarije BBC, ariko ngo kugeza kuri uyu wa Mbere babujijwe gusohoka muri hotel ndetse inzandiko z’inzira zabo zirafatirwa.

Hagati aho, mu gihe bategereje ko igihugu cyabo hari icyo kibafasha, iyo isaha zo kurya zigeze ngo bahabwa imigati yumye gusa akaba ari yo barya.

Ibinyamakuru byo mu Burundi no muri Gabon bikaba byemeza ko aba bagiye guhagararira u Burundi bananiwe kwishyura hotel bararagamo miliyoni 2,106,000 z’ama CFA (3,500$).Ni mu gihe irushanwa bitabiriye ryarangiye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Begukanye imidari

Ikinyamakuru cy’imikino “gabonallsport” gitangaza ko begukanye imidari itatu ya “bronze”, ariko ko ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Burundi ridafite amafaranga yo kubishyurira hoteli ngo batahe.

SOS Media Burundi iravuga ko minisiteri y’imikino mu Burundi ivuga ko aba bateramakofe batubahirije ibisabwa ngo bahabwe amafaranga yo kwifashisha mu butumwa atangwa na leta, bityo ubu bakaba nta kindi babikoraho.

Irushanwa bari barimo ryihariwe n’Abanya-Algeria batanu batwaye imidari ya zahabu, Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatwaye imidari ibiri ya zahabu n’ine ya “argent”, na Cameroun na Gabon begukana imidari ibiri ya zahabu.

Abarundi begukanye imidari y’imyanya ya gatatu n’uwa kane bo bafatiriwe muri hoteli i Libreville.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *