Gambia: Imitungo yasizwe na Yahya Jameh igiye gutezwa cyamunara

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Gambia yatangaje ko igiye guteza cyamunara imitungo y’agaciro y’uwahoze ari perezida wa kiriya gihugu, Yahya Jameh, imitungo yitezwemo akayabo k’amafaranga izafasha mu kuzamura ubuzima bw’abanyagihugu.

Yahya Jameh uri mu buhungiro azira kutemera ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka muri kiriya gihugu, akaba yarashatse kuguma ku butegetsi ku ngufu kandi ibyavuye mu matora bigaragaza ko yatsinzwe.

Yahya Jameh ashinjwa kwigarurira imitungo ya leta ihenze ikaba ri yo igiye kugurishwa.

Iyi mitungo irimo  indege 5 hamwe n’imodoka z’agaciro zigera kuri 30 zirimwo izo mu bwoko bwa Rolls-Royces na Bentleys, ndetse  n’ibibanza byiza bitandatu nk’uko bivugwa na AFP.

Mu mwaka ushize wa 2017, leta ya kiriya gihugu yavuze ko yiteze Miliyoni nyinshi z’amadolari zivuye mu kugurisha iyo mitungo ya Jammeh, ivuga ko izakoresha amafaranga azavamo mu kubungabunga ubuzima bw’abanyagihugu ndetse n’uburezi.

Umunyamabanga wa leta ushinzwe umutungo muri Gambia, Lamin Camara agira ati:”Icyo turi gukora kuri ubu nka leta, ni ugushyiraho urubuga aho ibyo bintu bizagurishirizwa.”

Muri Gicurasi 2018, ni bwo Ministri w’Ubucamanza muri Gambia,  Abubacarr Tambadou  yatangaje ko umutungo w’uwahoze ayobora icyo gihugu, Yahya Jammeh wafatiriwe.

Iki cyemezo cy’urukiko kirareba konti za banki hafi 90, amazu arenze 130 ndetse n’ibigo by’ubucuruzi 14 byose byitirirwa Jameh.

Uyu muministri yavuze ko ibi byabaye ngombwa ngo kubera ko bimaze kugaragara ko Jammeh yabikuje amafaranga arenga miliyoni 50 z’amadolari yari ku makonti ya leta atabiherewe uburenganzira.

Yongeyeho ko ibi ashobora kuba ari igitonyanga mu nyanja.

Yahya Jammeh yahunze igihugu nyuma yo gutsindwa amatora none ubu aba mu buhingiro muri Guinee Equatoriale.

Kugeza ubu, itariki bizaterezwaho cyamunara ntiramenyekana.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *