Gambia: Perezida Adama Barrow arava mu buhungiro kuri uyu wa Kane

Sangiza iyi nkuru

Perezida mushya wa Gambia, Adama Barrow biteganyijwe ko agaruka mu gihugu cye kuri uyu wa kane nyuma ya saa sita nyuma y’aho kuva kuwa 15 Mutarama yabaga mu buhungiro I Dakar muri Senegal aho yari yagiye gutegerereza ko Yahya Jammeh arekura ubutegetsi ari nabyo yakoze kuri uyu wa Gatandatu ushize.

Amakuru atandukanye aturuka mu badipolomate bo muri perezidansi ya Senegal n’I Banjul, yemeje aya makuru yari yatangajwe kuwa gatatu anyujijwe kuri twitter na facebook bitari byizewe neza ko ari ibya Adama Barrow. Amakuru akaba yavugaga ko biteganyijwe ko agera I Banjul kuri uyu wa 26 Mutarama ku isaha ya saa kumi ku isaha ngengamasaha.

Yaba Adama Barrow cyangwa abamwegereye bo ntacyo baratangaza ku mugaragaro kuri aya makuru yo kugaruka kwe mu gihugu, aho ategerejwe kuva kuwa 21 Mutarama Yahya jammeh yarekura ubutegetsi agahungira muri Guinée Equatoriale.

Uyu mukuru w’igihugu mushya wa Gambia kandi nk’uko tubikesha Jeune Afrique, yasabye ko ingabo za CEDEAO ziri mu gihugu cye zihaguma kubera ikibazo cy’umutekano utarizerwa.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Perezida wa komisiyo ya CEDEAO, Marcel Alain de Souza akaba atangaza ko Barrow yabasabye ibyumweru nka 2 cyangwa 3 bakabanza kugenzura nib anta hantu hahishe intwaro cyangwa abacanshuro bihishe ahantu runaka.

Adama Barrow kandi yasabye ingabo z’uyu muryango kumara andi mezi 6 mu gihugu cye ariko ngo umwanzuro ukaba uzafatwa n’abayobozi ba gisirikare ba CEDEAO nk’uko Souza yakomeje avuga.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *