Perezida mushya wa Gambiya, Adama Barrow yahisemo umwungirije Fatoumata Jallow Tambajang. Uyu mugore wagizwe Visi Prezida wa Gambiya, yahoze ari impirimbanyi iharanira uburenganzira bw’abagore, akaba yarayoboye Minisiteri y’ubuzima ingoma ya Jammey yose, imyaka 22.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma y’akavuyo kamaze ukwezi kurenga Yahya Jammeh yihakanye ibyavuye mu matora, akaza kuva ku izima mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida mushya ntaragaruka mu gihugu, ariko arakora. Uwatowe Adama Barrow yarahiriye muri Senegal tariki ya 19 uku kwezi, ubu yatangiye guhitamo abazamufasha imirimo.
Inkuru dukesha le Figaro , iby’uko Fatoumata yagizwe Visi Perezida wa Barrow, byatangajwe n’umuvugizi we I Banjul, Halifa Sallah, kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mutarama 2017, mu kiganiro n’itangazamakuru.
Uyu mugore waharaniye uburenganzira bwa bagenzi be kuva kera, yayoboye Minisiteri y’ubuzima kuva 1994 kugeza ejo bundi Jammeh avaho, muri uku kwezi kwa Mutarama 2017. Ni umwe mu bayobozi b’urunana rwashyigikiye Adama Barrow mu kwiyamamaza, kwaje kuvamo intsinzi y’amatora yo kuya mbere Ukuboza 2016.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko umuvugizi wa Barrow, Halifa abivuga, ngo gushyira Fatoumata kuri uyu mwanya byashingiye ku bunararibonye bwe muri politiki, ubushobozi bwe, no kugaragaza uruhare umugore afite mu miyoborere y’igihugu cye. Agira ati “Hashingiwe ku buringanire bw’abagore n’abagabo mu gushyiraho ubuyobozi, kandi nta n’uwashyiraho guverinoma ishingiye gusa ku mashyaka ya politiki, kuko aho ubushobobozi bwaba bwirengagijwe”.
Gambiya rero ni igihugu gito cyane(kirutwa n’u Rwanda mu bunini) kivuga Icyongereza, kikaba kitagira ubwinyagamburiro ku Nyanja, usibye agace gato gakora ku nkombe. Ako gace niko kihariwe n’abakerarugendo, ahandi hose kiri mu kwaha kwa Senegal.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Karegeya Jean Baptiste/Bwiza.com


