Umutoza Gareth Southgate watozaga ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, yamaze kwegura kuri iyi mirimo nyuma yo gutakaza Igikombe cya Euro 2024.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Nyakanga 2024, nibwo Gareth Southgate w’imyaka 53 yatangaje ko yamaze gusezera ku nshingano ze.
Mu butumwa yashyize hanze yagize ati: “Nk’Umwongereza wishimye, byari umunezero gukinira no gutoza Ikipe y’Igihugu. Hari icyo byari bivuze kuri njye kandi narabigaragaje.”
Yakomeje agira ati: “Nagize amahirwe yo gutoza abakinnyi benshi mu mikino 102, buri wese yari yishimiye kwambara umwambaro w’Ikipe y’Igihugu kandi bafasha n’Igihugu mu buryo bushoboka.”
Iki cyemezo cyije gikurikira gutsindwa na Espagne 2-1 ku mukino wa nyumwa w’igikombe cy’u Burayi 2024 (Euro 2024).
Gareth Southgate yari amaze imyaka 21 mu ikipe y’igihugu aho yayinjiyemo ahereye mu batarengeje imyaka 21 ni mu gihe muri 2016 yagizwe umutoza w’ikipe y’iihugu nkuru kugeza ubu yayisezeyeho.


