Gasabo: Barasaba ko amategeko yirengagizwa ku mugabo uvugwaho kwicisha umwana ishoka

Sangiza iyi nkuru

Abatuye mu mudugudu wa Nyakabungo, akagari ka Gasanze, umurenge wa Nduba mu karere ka Gasabo barasaba ko umugabo witwa Bunani Pascal wireze kwicisha ishoka umukobwa w’imyaka 13 wabyawe n’umugore we ko na we yarasirwa mu ruhame.

Uyu mukobwa witwa Agasaro Mwizerwa Promesse yapfuye mu rukerera rwo ku wa 9 Kanama 2023. Bivugwa ko Bunani ukekwa yahise ajya kwirega kuri Polisi, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Jabana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nduba, Ntihanabayo Antoine, yemeje ko Bunani yishe uyu mwana. Mu kiganiro n’Umuseke, yagize ati: “Yabanje gukubita nyina ishoka aramukomeretsa, yatatse umwana atabaza abaturanyi. Yumvise ijwi amuhururiza ni uko niko guhita azana aramwica ariko ku bw’amahirwe nyina ntiyapfuye arangije ajya kwirega kuri Polisi.”

Umuturage umwe yatangarije Flash TV ko Bunani akwiye kwicwa. Ati: “Igihano twebwe abaturage dushaka ni uko wa muntu icyaha yakoreye muri karitsiye nk’uko yagikoreye hano muri Nyakabungo, wa muntu bakagombye kumuzana mu nama rusange, twebwe tukisabira igikorwa bagomba kumukorera. Twebwe twasaba nko kumurasa. Wa muntu utekereza kwica na we byamuha isomo, akagira ubwoba.”

Mugenzi we yagize ati: “Si rimwe mu matwi yacu humvishije ko umugabo yishe umugore cyangwa umugore yishe umugabo, ariko uyu mugabo yakabije cyane. Ni yo mpamvu igihano cye ari icyo kumuzana mu ruhame rw’abantu, na we bakamurasa. N’ubuyobozi na bwo burareba, buzamuzane mu bantu. Twebwe ntabwo twajya gukatira umuntu kuko haba hari ikizamwica.”

Uwa gatatu yagize ati: “Bari kuvuga ko ari ishoka ariko ntabwo tubizi neza. Igihano keretse bamuzanye mu murenge wa Nduba, tukamwibonera kuko urumva byabaye imbyino, byabaye indirimbo, buri muntu wese uracaho ati ‘Ndakwica’. Igihano akwiye rwose ni icy’urupfu, nta kindi gihano, kuko agiye gufungwa akarya ibyo bigori, ubwo rero urumva ko n’undi wese aravuga ati ‘Nzagenda, kuko urugo rubi ni gereza’. Bamuzana hano tukagira icyo tumubaza. Bamuzane, bamwicire aho, n’ubiteganya avuge ati ‘Runaka nabonye bamwica’.”

Mu Rwanda, igihano cy’urupfu cyakuweho, gisimbuzwa igifungo cya burundu. Giteganyiriza umuntu wishe undi ku bushake.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *