Ikipe ya Paris Saint-Germain iri mu biganiro n’umunya-Brésil Neymar Jr, mu rwego rwo gusesa amasezerano impande zombi zifitanye.
Neymar ni umukinnyi wa PSG kuva muri 2017, ubwo yayigeragamo aguzwe muri FC Barcelona miliyoni 222 z’ama-Euro.
Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa avuga ko uyu munya-Brésil kuri ubu ari mu biganiro na PSG, kugira ngo bazatandukane muri iyi mpeshyi.
Yaba Neymar arifuza kuva muri PSG, ndetse iyi kipe y’i Paris na yo irifuza ko yayisohokamo n’ubwo akiyifitiye amasezerano y’imyaka ibiri.
Amakuru avuga ko Neymar cyo kimwe na Kylian Mbappé na Marco Verratti bari mu bakinnyi umutoza Luis Enrique adateganya mu mibare ye.
Kuri ubu amakuru arerekeza Neymar muri FC Barcelona yahoze akinira.
Bivugwa ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwifuza uyu rutahizamu w’imyaka 31 y’amavuko, gusa bukaba butarumvikana neza n’umutoza Xavi Hérnandez kuri iyi ngingo.
Impamvu umutoza Xavi ashidikanya kuri Neymar bakinanye muri Barà§a kugeza muri 2015, ngo ni uko atekereza ko ashobora guteza umwuka mubi mu rwambariro rw’iriya kipe y’i Catalunya.
Kugeza ubu kandi Barcelona iracyakeneye kugira abakinnyi igurisha kugira ngo ibone amafaranga yo gusinyisha Neymar Jr.
Usibye FC Barcelona uriya munya-Brésil yifuza gusubiramo, amakuru kandi avuga ko bidakunze ashobora kwerekeza muri Arabie Saoudite cyangwa muri shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (MLS).


