Mu Kagari ka Mamfu , Umurenge wa Muhura ho mu Karere ka Gatsibo haravugwa inkuru y’umugabo witwa Ndahayo Philibert ukekwaho n’ Ubushinjacyaha icyaha cyo kwica umugore we witwaga Uwamariya Delphine wahengereye baryamye, amunigisha umusego, kugeza ashizemo umwuka. Ibyo bikaba byarakozwe mu ijoro ryo ku itariki 10 Mata 2018.
Mu myiregurire ye Ndahayo Philibert avuga ko umugore we yishwe n’amashitani, aho vuga ko yabonye abagabo babiri binjira mu cyumba we n’umugore we bari baryamyemo, aba bagabo bambaye masques, maze umwe akamufata akamuniga undi nawe akaniga umugore, kugeza ashizemo umwuka.
Nk’uko Ubushinjacyaha bukuru bubicishije ku rubuga rwabwo bubitangaza, Ndahayo ngo avuga ko bari basanzwe bagira ibibazo byo guterwa n’ amadayimoni ko ari nayo yahitanye umufasha we.
Bisabwe n’Ubushinjacyaha, Urukiko rwemeje ko afungwa by’agateganyo muri Gereza ya Rwamagana, kugira ngo dosiye inonosorwe, inafatirwe umwanzuro.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya



