Gaza: Imfashanyo ya mbere ivuye muri Amerika yamanuwe mu mitaka

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru imfashanyo y’ubutabazi, igenewe Gaza, ivuye mu ndege igizwe n’amafunguro arenga 30,000 yamanuriwe mu mitaka ivuye mu ndege eshatu za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Icyo gikorwa, cyakozwe ku bufatanye n’igisirikare cya Jordan (Jordanie) kirwanira mu kirere, cyabaye icya mbere muri byinshi byatangajwe na Perezida Joe Biden.

BBC ivuga ko yasezeranyije kongera imfashanyo, nyuma yuko abantu nibura 112 bishwe ubwo imbaga yirukaga isanga urukurikirane rw’imodoka muri Gaza ku wa Kane.

Iyo mfashanyo yamanuwe ivuye mu ndege itanzwe mu gihe umutegetsi wo ku rwego rwo hejuru wo muri Amerika yavuze ko gahunda ijyanye n’amasezerano y’agahenge k’ibyumweru bitandatu muri Gaza yashyizweho.

Uwo mutegetsi utatangajwe izina yagize ati: “Kazaba ari agahenge k’ibyumweru bitandatu muri Gaza guhera uyu munsi niba Hamas yemeye kurekura icyiciro cyasobanuwe cy’abashimuswe b’intege nkeya (…) abarwayi, abakomeretse, abageze mu zabukuru n’abagore.”

Kuri iki Cyumweru, abahuza bagombaga kongera guhurira mu nama i Cairo mu murwa mukuru wa Misiri, ndetse abategetsi bo mu Misiri bavuze ko intumwa zivuye muri Hamas na Israel zitezwe kuhagera zikitabira ibyo biganiro ariko ubu bivugwa ko Israel yanze kubyitabira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *