Gen. de Pol. Alain-Guillaume Bunyoni yaraye abazwa n’Umushinjacyaha Mukuru w’u Burundi, Nyandwi Sylvestre, nyuma yo kutagaragara ku biro by’uyu mushinjacyaha ku manywa, aho yari ategerejwe.
Byari biteganyijwe ko Bunyoni agera kuri ibi biro hakiri kare, avuye muri kasho y’urwego rushinzwe iperereza (SNR), ariko amakuru agera kuri BWIZA avuga ko bwarinze bwira abarimo abanyamakuru benshi na komisiyo yigenga ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu bakimutegereje.
Umukobwa wa Bunyoni uba mu mahanga, Darlene Bunyoni, yahawe amakuru y’uko Nyandwi yasanze umubyeyi we mu biro bya SNR, amubarizamo mu masaa mbiri y’ijoro. Ati: “Hari hateganyijwe ibazwa uyu munsi ariko ntiryabaye kubera impamvu zitazwi. Ubu ari kubazwa mu ibanga. Nta muntu wabonye Data. Ni iki gituma ntekereza ko koko afungiwe hariya?”
Bunyoni yatawe muri yombi tariki ya 21 Mata 2023 nyuma y’iminsi yarabuze. Akekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo no guhungabanya umutekano w’igihugu.


