Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, abona mu masaha make we na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda barageze ku byo abandi badipolomate bose bo ku Isi batigeze bakora, bityo bakaba bakwiye ishimwe.
Yabivugiye ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 6 Werurwe 2022, yishimira ko kuri uyu wa Mbere imipaka itandukanye ibihugu byombi yongera kugururirwa urujya n’uruza.
Gen. Kainerugaba wubaha Perezida Kagame nka se wabo, yagize ati: “Umupaka urafungurwa mu buryo bwuzuye ejo. Mu masaha 7, njyewe na Data wacu (Perezida Kagame) twageze ku byo abandi badipolomate ku Isi bananiwe gukora. Ndatekereza dukwiye ishimwe.”
Icyemezo cyo gufungura imipaka yo ku butaka cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri iherutse guterana tariki ya 4 Werurwe 2022, hashingiwe ku kugabanyuka k’ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda no mu bihugu bihana imbibi.
Ku ruhande rwa Uganda, cyafashwe nyuma y’icyo gufungurira umupaka wa Gatuna amakamyo atwara ibicuruzwa, cyo ku wa 31 Mutarama 2022. Byabaye nyuma y’igihe kinini wari umaze ufunze bitewe n’umubano w’ibi bihugu utari wifashe neza.
Uyu mupaka wafunguwe nyuma y’uruzinduko rw’umunsi umwe Gen. Kainerugaba yari yagiriye mu Rwanda tariki ya 22 Mutarama, aho yakiriwe na Perezida Kagame bakagirana ikiganiro cyabaye imbarutso y’iki cyemezo.


