Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 17 Mutarama 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye politiki, ubutabera, siporo n’umuco.
Harimo:
Umuhungu wa Museveni i Kigali
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba tariki ya 22 Mutarama 2022 yagiriye uruzinduko rwe bwite mu Rwanda, ahura na Perezida Paul Kagame.
Bombi baganiriye ku buryo umubano w’ibihugu byombi umaze igihe urimo agatotsi wakongera gusubira mu buryo bwiza nk’uko wakoze, nyuma y’ibiganiro bemeza ko iyi ntego ishobora kongera kugerwaho, cyane ko bihugu ari ibivandimwe.
Uruzinduko rwa Gen. Kainerugaba rwakurikiye urwa Ambasaderi Adonia Ayebare uhagarariye Uganda mu Muryango w’Abibumbye. Yoherejwe na Perezida Museveni ngo na we aganire na Perezida Kagame kuri uyu mubano.
Urubanza rwa Rusesabagina na bagenzi be rwakomeje adahari
Urukiko rw’ubujurire tariki ya 18 rwafashe icyemezo cyo gukomeza kuburanisha urubanza rwa Rusesabagina Paul na bagenzi be 8 bahamijwe n’Urukiko Rukuru ibyaha by’iterabwoba, n’ubwo Rusesabagina we adahari.
Uru rukiko nyuma yo gukora ubusesenguzi, rwasanze Rusesabagina yaranze kwitabira iburanisha kandi yaramenyeshejwe mu buryo bwemewe n’amategeko igihe we na bagenzi be bazaburanira ubujurire.
Rusesabagina, Nsabimana Callixte n’abandi bamwe muri bo bajuririye ibihano bakatiwe bavuga ko ari binini, Ubushinjacyaha nabwo bujuririra ibi bihano buvuga ko ari bito.
Batanu bashinjwaga ibyaha by’iterabwoba bararekuwe
Urukiko Rukuru tariki ya 20 rwagize abere abayoboke batanu b’idini rya Isilamu bari bamaze imyaka 8 bafunzwe bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba, rutegeka ko bahita bafungurwa.
Aba: Rumanzi Amran, Nizeyimana Yazid, Uwimana Justin Omar, Kabengera Abdallah na Rurangwa Ibrahim bari baratawe muri yombi bashinjwa kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho n’ubwinjiracyaha bw’iki cyaha hamwe n’iterabwoba rishinigiye ku nyungu z’idini.
Perezida Ndayishimiye yakoze agashya
Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye tariki ya 18 yakoze agashya ubwo yari yasuye ababinnyi n’abakaraza gakondo bazwi nk’Abatimbo mu gace ka Gishora mu Ntara ya Gitega.
Icyo gihe, Perezida Ndayishimiye yikuye imyambaro yari yambaye, yambara ibirenge, yambikwa iy’Abatimbo igizwe n’amabara agize ibendera ry’igihugu, afata imirishyo, arakaraza, arivuga, aranabyina.
Ni igikorwa cyashimishije abenshi babonye uyu Mukuru w’Igihugu amaso ku maso ndetse no mu mashusho, bitewe n’uko yashyigikiye umuco gakondo muri ubu buryo.
Salma Mukansaga yanditse amateka
Umunyarwanakazi Salma Rhadia Mukansanga tariki ya 18 yanditse amateka mu irushanwa ry’ibihugu bya Afurika, CAN rikinwa n’abagabo, ubwo yasifuraga umukino Zimbabwe yatsinzemo Guinea Conakry ibitego 2-1.
Salma wari ubaye umugore wa mbere usifuye umukino wa CAN yitwaye neza, ndetse anashimirwa na benshi bakurikirana umupira w’amaguru, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, impuzamashyirahamwe ya Afurika, CAF, n’ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe ari umufatanyabikorwa wa gahunda ya Visit Rwanda.
Salma kandi yagiriwe icyizere no ku mukino wahuje Guinea na Malawi tariki ya 11 Mutarama 2022, agirwa umusifuzi wa kane. Avuga ko ari ishema kuri we no ku bagore muri rusange, kandi ashimangira ko bashoboye nk’abagabo.


