Gen. Muganga yashimiye Rayon, yishongora ku makipe akinisha abanyamahanga

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt. Gen. Mubarakh Muganga yashimiye Rayon Sports kuba yemeye ko yatsinzwe, yishongora no ku makipe akinisha abakinnyi b’abanyamahanga, yise ‘abahashyi’.

Gen. Muganga yabitangarije mu kiganiro yagize kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2021, ubwo APR FC yari imaze gutsindira Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe (2-1) kuri sitade ya Kigali, i Nyamirambo.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa APR FC, Gen. Muganga yashimiye buri umwe wagize uruhare ku ntsinzi iyi kipe yabonye. Ati: “Mu izina ry’ubuyobozi, abakunzi n’abafana ba APR FC, ndatangira nshimira byimazeyo abakinnyi n’abatoza b’ikipe yacu ku ntsinzi baduhaye, turishimye.”

Yanashimiye Rayon kuba ngo yemeyye ko yatsinzwe, kandi akenshi itari isanzwe ibyemera. Ati: “Ndashima n’ikipe twakiriye n’ubwo tubatsinda kenshi, ni gake bemera ko batsinzwe ariko bongeye kwemera ko batsinzwe ku mugaragaro ndetse bavuga ko twimwe na penaliti yari gutuma dutahana ibitego birenze bibiri.”

Uyu muyobozi kandi yashimye umusaruro politiki y’iyi kipe yo gukinisha Abanyarwanda ikomeje gutanga, anishongora ku makipe akinisha abanyamahanga bagera kuri batanu kuko yose ngo bagiye bayatsinda.

Yagize ati: “N’ubwo bisaba kwihangana, ariko umusaruro ugaragaza ko kiriya cyerekezo ari inyamibwa cyane. Ubu tuvugana ku mukino wa gatatu w’iyi shampiyona, ikipe wahuye nazo zose zakinishije abanyamahanga babo batanu b’abahashyi ariko ntibitubuza kubatsinda.”

Yagaragaje ko gukinisha aba banyamahanga kw’aya makipe, ari amahirwe yo kwipima kuri APR FC. Ati: “…Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona. Ku bifuza gukomeza gukinisha abo bahashyi, ndabasabira kongererwa umubare wabo, ukava kuri 5 bakaba 7 cyangwa 11 (abagize ikipe yose) kugira ngo abasore bacu bajye babona aho bipimira.”

Gen. Muganga avuga ko ibyo amakipe aha abanyamahanga, abihaye Abanyarwanda, batanga umusaruro kurushaho.

APR FC yujuje umukino wa 40 idatsindwa itegereje kwakirira RS Berkane yo muri Maroc kuri sitade ya Kigali tariki ya 28 Ugushyingo 2021 muri CAF Confederations Cup. Ikipe izatsindwa hagati y’izi zombi izasezererwa mu irushanwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *