Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 23 Kanama, Gen. Major Smith Gihanga Mutara wa FARDC yatawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare (ex DEMIAP) i Kinshasa. Uyu avugwa muri dosiye y’inyerezwa rya toni 120 za cuivre za sosiyete TFM. Afunzwe mu rwego rw’iperereza nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’ubushakashatsi ku burenganzira bwa muntu (IRDH).
Nk’uko umuhuzabikorwa w’uru rwego, Hubert Tshiswaka, abitangaza ngo Gen. Smith Gihanga yatawe muri yombi akekwaho ubujura bwa toni 120 za cuivre cathodes z’isosiyete ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa Tenke Fungurume Mining. (TFM ) yari atwawe muri sosiyete Magic Logistique.
Bivugwa ko izo toni 120 z’umuringa zafashwe zikajyanwa ku cyicaro cy’Akarere ka 22 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kandi akaba ari ho zaburiye.
Umuhuzabikorwa wa IRDH yizera ko hazategurwa urubanza “rutabera kandi rutabogamye” kugira ngo uregwa azabashe kwiregura kandi umuntu wese wagize uruhare muri ubwo bujura akurikiranwe kandi acirwe urubanza.
Nyuma yo gutabwa muri yombi no gufungwa by’agateganyo, Brig. Gen. Mwaku yagizwe umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka 22 ka gisirikare muri Haut-Katanga kayoborwaga na Maj. Gen. Gihanga.
Ku itariki ya 30 Kamena, nibwo imodoka eshatu zitwaye toni 120 z’umuringa zari zivuye muri sosiyete ya Tenke Fungurume Mining (TFM) zafashwe zijyanwa ku cyicaro gikuru cy’akarere ka 22 ka gisirikare i Lubumbashi.
Nyuma rero zajyanwe ahantu hatazwi ndetse bituma uwahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’intara atungwa urutoki ndetse hasohorwa impapuro zo kumuta muri yombi. Nyuma yaje gufatwa afungirwa i Kinshasa hamwe n’abandi bantu barimo uyu wari umuyobozi mukuru w’akarere ka 22 ka gisirikare muri Haut-Katanga.



One Response
Gen. Mutara Gihanga wa FARDC yatawe muri yombi akekwaho kunyereza toni 120 za cuivre
Bamupangiye kuko yutwa MUTARA RUHANGA
Ingengabitekerezo ya Cyisecyedi irakomeje
Abazungu mabere ya ba nyina sinumva ukuntu badafatira ibyemezo ziriya mbwebwe
BRICS nigite ihabwe imbaraga