General John Numbi wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), umaze umwaka atorotse ubutabera, yaba aherereye mu Burusiya.
Muri Werurwe 2021 ni bwo Gen. Numbi yatorotse, ubwo yari amaze kumenya ko ashobora gutabwa muri yombi, akabazwa ku rupfu rw’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Floribert Chebeya na Fidèle Bazana.
Itoroka rye ryatangajwe n’impirimbanyi George Kapiamba uyobora umuryango ACAJ ukomeje gukurikiranira hafi dosiye ya Chebeya-Bazana. Hari tariki ya 20 Werurwe 2021, Kapiamba agira ati: “Gen. John Numbi yahungiye muri Zimbabwe mu byumweru bibiri bishize. Ushinzwe umutekano we, Lunda wa Ngoie yatawe muri yombi. Guverinoma y’Abanyekongo n’umuryango mpuzamahanga bakwiye gusaba byihuse Zimbabwe ikamugarura.”
Mu gihe byakekwaga ko Gen. Numbi akiri muri Zimbabwe, kuri uyu wa 10 Werurwe 2022 ku mbuga nkoranyambaga z’Abanyekongo hatangiye gusakara ifoto ye (igaragara hejuru) yambaye ingofero y’Abarusiya irinda ubukonje izwi nka ‘chapka’ n’ikote ry’imbeho rirerire.
Bamwe mu bakoresha izi mbuga basobanura ko Gen. Numbi yafotorewe iyi foto mu murwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, bagakeka ko n’ubu ari ho yaba aherereye nyuma yo kuva muri Zimbabwe.


