George Bush yaba yiteguye gutora Clinton aho gutora Trump wo mu ishyaka rye

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, George Bush, ngo yaba yiteguye kuzatora Hillary Clinton wo mu ishyaka ry’Abademokarate aho gutora Donald Trump wo mu ishyaka rye.

Ikinyamakuru Politico cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kiravuga ko George HW Bush wahoze ai perezida wa Amerika hagati y’1989 kugeza mu 1993 azatora umukandida w’Abademokarate, Hillary Clinton.

Iyi nkuru dukesha BBC iravuga ko ibi George Bush yabyemereye Kathleen Kennedy Townsend, umwishywa w’uwahoze ari perezida wa Amerika John F Kennedy.

151105-george-hw-bush-1147a_d1b7e297efd2d9f33a71fbe5fef6348c-nbcnews-fp-1200-800

Biravugwa ko yaba Bush kimwe n’umuhungu we, Jeb Bush, wahoze ahanganye na Donald Trump mu matora y’ibanze mu ishyaka ry’Abarepubulikani yanze kumushyigikira ku mugaragaro. Biyongera ku bandi bakandida batsinzwe barimo Ted Cruz na John Kesich.

Kennedy Townsend, wahoze yungirije guverineri wa leta ya Maryland yashyize ifoto ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook ari kumwe na George HW Bush iriho ubutumwa bugufi bugira buti:

“Perezida yambwiye ko azatora Hillary Clinton!”

bushfacebook-png-hashed-e5977dc7-desktop-story-inline

Ariko umuvugizi wa Bwana Bush, Jim McGrath yanze kwemeza aya makuru, avuga ko bitarasobanuka neza niba Bush azatora uyu mwaka, yongeraho ko bakigenzura ibyatangajwe na Kathleen Kennedy.

kj

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *