Ghana-Agrees-To-Accept-US-Deportees-From-West-Africa-First-14-Arrive

Ghana yiyongereye ku bihugu byemeye kwakira abimukira birukanwe muri Amerika

Sangiza iyi nkuru

Ghana yabaye ikindi gihugu cyemeye kwakira abantu birukanwe muri Amerika mu rwego rw’umugambi wa Perezida Donald Trump wo guhashya abimukira binjiye mu buryo butemewe.

Perezida John Mahama yavuze ko abenegihugu bakomoka mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y’Iburengerazuba bazakirwa nyuma y’amasezerano Ghana  yagiranye na Amerika. Yavuze ko 14 ndetse muri abo bimukira bamaze kuhagera.

Yagaragaje amasezerano agenga umuryango wa ECOWAS yemerera abaturage b’ibihugu bigize uyu muryango kwinjira no gutura mu bindi bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba nta viza mu gihe cy’iminsi 90.

Mu kwezi gushize, Amerika yohereje abimukira barindwi mu Rwanda mu gihe muri Nyakanga, batanu boherejwe muri Eswatini abandi umunani muri Sudani y’Epfo nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.

Perezida yavuze ko abantu 14 bamaze koherezwa muri Ghana barimo “Abanyanijeriya” benshi na Gambia. Ntiyasobanuye ariko umubare rusange w’abazirukanwa igihugu cyemeye kwakira.

Yavuze ko Ghana yamaze korohereza Abanyanijeriya gusubira muri Nigeria hakoreshejwe bus, mu gihe hakirebwa n’uko abo baturage ba Gambia bafashwa gusubira iwabo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *