Ubuyobozi bwa Komini Gisagara, Intara ya Cankuzo iherereye mu Burasirazuba bw’u Burundi, hagabwe igitero n’abantu bari bitwaje intwaro, babiri barahakomerekera.
Nk’uko bitangazwa n’abatuye ku musozi wa Bunyerere muri iyi Komini, ngo igitero cyagabwe mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira iryo ku wa Mbere, tariki ya 22 Nyakanga 2019, ahagana saa munani.
Umuyobozi wa Komini Gisagara, Bwana Jonas Niyonizeye, aganira na SOS Medias/Burundi, yavuze ko itsinda ryagabye igitero ryari rigizwe n’abantu umunani, bafite imbunda Enye.
Amakuru agera ku buyobozi, avuga ko iryo tsinda ryagabye igitero ryari rigamije kwica Imbonerakure ibarizwa mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, ngo ikaba ituye kuri uyu musozi wa Bunyerere.
Bitangazwa ko iri tsinda ry’abagizi ba nabi ritageze ku mugambi waryo, ko abantu babiri aribo bahakomerekeye. bityo ngo rikaba ryasahuye ibirimo umurasire w’izuba, radiyo n’ibindi, bakaba bahise bahunga bagana muri Tanzania.


