Goodluck Jonathan wayoboye Nigeria yasabye ab’iwabo kwigira ku Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Goodluck Jonathan wabaye Perezida wa Nigeria, yasabye abatuye muri iki gihugu kwigira ku Rwanda ku buryo bakwigobotora ingoyi y’amacakubiri ashingiye ku moko.

Nk’uko ikinyamakuru Punch cyo muri Nigeria kibisobanura, Jonathan yabivugiye mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 y’amavuko ya Dr Emmanuel Iwuanyanwu, umunyapolitiki uri mu bashoramari bakomeye muri iki gihugu.

Ni umuhango wabereye mu gace ka Owerri muri Leta ya Imo ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Nzeri 2022.

Jonathan yabwiye abitabiriye uyu muhango ko nibamara kwigobotora ingoyi y’amacakubiri ashingiye ku moko, bazashobora kubona ibisubizo by’ibibazo byugarije igihugu cyabo.

Yagize ati: “Nk’igihugu dufite ibitwugarije ariko ntabwo twaba imbata zabyo. Mureke tubitsinde maze dukomeze. Tugomba kubimenyera. Ntabwo dukwiye kugumana iyi myitwarire twibwira ko ari myiza mu rwego rwa politiki.”

Yakomeje ati: “Turebe ku Rwanda nyuma ya jenoside, bavuguruye igihugu cyabo. Mu Rwanda rw’ubu, amoko ntabwo akiri ikibazo. Bose bibona nk’umuntu umwe.”

Mu gihe muri Nigeria bategereje gutora Umukuru w’Igihugu mushya mu 2023, Jonathan yasabye uzegukana intsinzi kuzashakira umuti iki kibazo, kuko ngo gica igihugu mo ibice.

Goodluck Jonathan yabaye Perezida wa Nigeria kuva mu 2010 kugeza mu 2015.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *