Nyuma y’uko umutoza wa Gorilla FC bwana Gatera Mousa yirukanwe, iyi kipe yahise imusimbuza umubiligi Ivan Jacky Minnaert wagizwe umutoza mukuru.
Gatera Mousa,n’abamwungirije basezerewe ku cyumweru nyuma yo kumara imikino itanu yikurikiranya nta ntsinzi babona muri Shampiyona.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo ubuyobozi bwa Gorilla FC bwemejwe ko bwasinyishije ndi mutoza amasezerano y’amezi atanu kugeza umwaka w’imikino wa 2023-2024 urangiye.
Ati: ‘’Twishimiye gutangaza Ivan Jacky Minnaert nk’umutoza mukuru wacu mu gihe cy’amezi atanu, tumwifurije amahirwe masa mu kazi.”
Uyu mutoza asanzwe azi neza umupira w’u Rwanda kuko yatoje Rayon Sports inshuro ebyiri, mu 2015-2016 ayisubiramo mu 2018. Yatoje kandi Mukura Victory Sports mu 2017.
Yanatoje kandi amakipe atandukanye akomeye ku Mugabane w’Afurika, nka AFC Leopards yo muri Kenya, Black Leopards yo muri Afurika y’Epfo, AC Djoliba yo muri Mali na Al Ittihad Tripoli yo muri Libya.
Minnaert yitezweho kuzamura amanota ya Gorilla FC, kuko kugeza ubu ifite 21 mu mikino 21 ikaba iri mu myanya wa 14, aho inganya amanota na Bugesera FC ya 15, ikarusha amanota umunani Etoile de l’Est ya nyuma n’amanota 13 , yo ikaba isa n’iyamaze gusubira mu cyiciro cya kabiri.
Mu 2018, nibwo Ivan Jackie Minnaert yirukanywe muri Rayon Sports nyuma yo gusezererwa kubera umusaruro utari mwiza n’ibibazo byari bimaze iminsi biri mu rwambariro rwa Rayon Sports’.


