Guinea: Humvikanye urusaku rukabije rw’amasasu hafi y’ingoro ya perezida

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru i Conakry mu murwa mukuru wa Guinea humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu, mu gihe abasirikare bagaragaye mu mihanda yegereye ingoro y’umukuru w’igihugu aho bivugwa ko ari igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi.

Impamvu y’urwo rusaku rw’amasasu ntabwo iramenyekana kandi abayobozi ntacyo baratangaza. Mu karere ka Kaloum biravugwa ko nta n’inyoni itamba kubera abasirikare bategetse abaturage kuguma mu nzu.

Umwe mu bayobozi bo muri guverinoma yatangarije Reuters ko Perezida Alpha Conde nta kibazo afite kugeza ubu ariko yirinda kugira byinshi atangaza.

Amakuru aturuka mu gisirikare yo avuga ko ikiraro gikuru kigana mu karere ka Kaloum, ahakorera minisiteri zitandukanye cyafunzwe kandi abasirikare benshi bitwaje intwaro zishoboka barinze ingoro y’umukuru w’igihugu.

Umwe mu babonye ibiri muri Conakry wavuganye na reuters we yavuze ko yabonye umusivili ufite ibikomere by’amasasu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *