Abagize Imiryango myinshi ya sosiyete sivile muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye mu nama mu Bufaransa bigiramo uko perezida Joseph Kabila yava ku butegetsi.
Iyi miryango yahuriye mu Bufaransa muri Hotel Dolce iri mu ishyamba rya Chantilly, mu nama yasojwe ku wa kane wâiki cyumweru, tariki ya 17 Kanama itangiye ku wa 15.
Mu ibanga rikomeye bareberaga hamwe uko perezida Kabila yava ku butegetsi, byanze bikunze bitarenze mu mpera zâuyu mwaka.
Yari ihuje abayobozi bâimiryango itandukanye nka
Floribert Anzuluni, uyobora umutwe wâabavuzafilimbi
, Marcel-HĂ©ritier Kapitene na Gloria Senga bayobora Lucha, Sindika Dokolo uyobora umuryango mushya uherutse kuvuka yise Banyecongo muhaguruke( Les Congolais debout) ndetse nâumugabo wa Isabel dos Santos, umuyobozi mukuru wâihuriro ryâabanyangola bacukura peteroli akaba nâumukobwa wa JosĂ© Eduardo dos Santos.
Iyi nama kandi yitabiriwe nâabagize inama yâabepisikopi gatolika muri Congo ndetse nâabayobozi ba sosiyete sivile nka Georges Kapiamba na Jean-Claude Katende bayobora imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nâubutabera.
Manda y Kabila yarangiye tariki ya 19 Ukuboza 2016, ariko urukiko rurinda itegeko nshinga ryamuhaye uvurenganzira bwo kuguma ku butegetsi kugeza habaye amatora ya perezida ya Perezida wa repubulika.
Kiliziya Gatorika yabwiye abari muri iyo nama ko abanyecongo bakwiye guharaguruka bagaharanira ko basimburana kuri uyu mwanya.
Iyi nama ije ikurikira imyanzuro yâIhuriro ryâabatavuga rumwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila riherutse gutangaza ko rigiye gukora ibishoboka byose akava ku butegetsi bitarenze tariki ya 1 Ukwakira 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ni muri urwo rwego rwagaragaje indangaminsi yâibikorwa bigamije kumugamburuza akava ku butegetsi nkuko Jeune Afrique ibigaragaza mu cyo yise itya â RD Congo : lâopposition dĂ©voile son plan pour « le dĂ©part de Kabila » ugenekereje mu Kinyarwanda ni ukuvuga ko Abatavuga rumwe na Leta bashyize ahabona ibanga bazakoresha ngo Kabila ave ku butegetsi.â
Icyo gihe ngo hazaba imyigaragambyo ihamagarira abaturage gusuzugura ubutegetsi guhera tariki ya 1 Ukwakira uyu mwaka.
Perezida Kabila yagiye ku butegetsi guhera mu mwaka wâ 2001, itegeko nshinga ririho muri iki gihugu ntabwo rimwemerera kongera kwiyamamaza kuko rigena manda ebyiri kandi yazisoje tariki ya 20 Ukuboza 2016.
Nyuma yâibibazo byâumutekano muke nâibindi byatumye hadategurwa amatora hasinywe amasezerano yo kubugumaho mu kimeze nk âinzibacyuho ariko hagategurwa amatora agomba gukorwa bitarenze mu mpera zâuyu mwaka wa 2017.
Ibyo byemejwe mu masezerano yasinyiwe i Saint-Sylvestre hagati ya Leta nâabatavuga rumwe nayo, ahagarariwe na Kiliziya Gatorika tariki ya 31 Ukuboza 2016.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyamara ariko komisiyo yâamatora yaje kwerura ko byoroheye indogobe kuba yaca mu ntoboro yâurushinge kurusha uko biyoroheye gutegura aya matora akaba muri uyu mwaka.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


