Guverinoma ya Danemark yemeye kwakira izindi mpunzi zizava mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Danemark yatangaje ko izakira impunzi 200 zivuye mu Rwanda muri gahunda yo kwimura abantu. Ariko, umuryango ukomeje gufungwa cyane ku basaba ubuhungiro muri iki gihugu.

Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu, Kaare Dybvad Bek (uri ku ifoto), yabitangaje mu cyumweru gishize avuga ko hazibandwa cyane ku kwimura abagore n’abana.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Minisitiri yavuze kandi ko gahunda y’ubuhunzi iriho ubu “yangiritse”, anashinja “abantu ba bacuruza abantu” kugena abimukira bagomba kugera mu Burayi nk’uko urubuga infomigrants.net dukesha iyi nkuru ruvuga.

Dybvad Bek yagize ati: “Guverinoma yemera ko tugomba kugabanya umubare w’abasaba ubuhunzi baza hano, kandi ko impunzi zigomba kuza muri Danemark mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Muri gahunda ya guverinoma ya Danemark yo kwakira abimukira, minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka yemeza umubare w’impunzi zizimurwa buri mwaka, hashingiwe ku bushobozi bw’imibereho n’ubukungu by’igihugu.

Danemark yemeye gutwara impunzi 200 ziva mu Rwanda mu myaka ibiri ishize. Dybvad Bek atangaza iki cyemezo cyo gufata izindi 200 mu 2022, yashimye amateka y’u Rwanda ku mpunzi avuga ko Danemark n’u Rwanda byakoranye neza muri urwo rwego.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *