Guverinoma ya RDC ivuga ko nta ngabo za Uganda ziriyo

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yatangaje ko nta ngabo za Uganda ziri mu burasirazuba bw’igihugu cyabo; bitandukanye n’ibimaze iminsi bitangazwa.

Yabivugiye mu kiganiro cyerekeye umutekano mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri ziri mu bihe bidasanzwe kuva muri Gicurasi 2021, yagiriye kuri radiyo na televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 29 Ugushyingo, ari kumwe n’Umuvugizi wa Polisi hamwe n’uw’ingabo.

Minisitiri Muyaya yagize ati: “Ntabwo ingabo za Uganda ziri muri RDC. Nta hantu na hamwe abakurikirana ibirebana n’umutekano bazisanga.”

Abivuze nyuma y’aho ibitangazamakuru bitangarije amakuru byemeza ko yizewe, avuga ko Perezida Félix Tshisekedi wa RDC yamaze guha mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni uburenganzira bwo kohereza abasirikare mu burasirazuba bw’igihugu cyabo kugira ngo bahangane n’umutwe w’iterabwoba wa ADF.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yatangaje ko aya makuru yemejwe n’umwe mu bakozi b’Umuryango w’Abibumbye na Perezida wa komisiyo y’inteko ishinga amategeko ya RDC ishinzwe ingabo n’umutekano, Hon. Bertin Mubonzi gusa ngo we yavuze ko iki cyemezo kigomba kwigwaho n’abagize Inteko mbere y’uko gishyirwa mu bikorwa.

Gusa ariko, Minisitiri Muyaya yavuze ko ingabo za RDC n’iza Uganda hamwe n’iz’ibindi bihugu by’ibituranyi zikorana mu buryo buhoraho mu bijyanye no guhanahana amakuru y’ibiva mu iperereza, mu rwego rwo kwifatanya mu gukumira icyahungabanya umutekano wabyo.

Yavuze ko ari ngombwa gukorana n’ingabo za Uganda muri ubu buryo kubera ko zifite umwanzi zihuriyeho; ari we umutwe wa ADF ugaba ibitero mu bihugu byombi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *