Mu 1949, ishyaka ry’Abakominisite ryari riyobowe na Mao Zedong ryakoze impinduramatwara, tariki ya 1 Ukwakira muri uwo mwaka atangaza ko habayeho Repubulika y’Abaturage y’Ubushinwa.
Kuri iyi tariki ya 1 Nzeri 2019, iyi Repubulika yizihize isabukuru y’imyaka 70 uyu Mao Zedong n’ishyaka rye batangaje ko habayeho iki gihugu.
Ni umunsi waranzwe n’ibirori bidasanzwe haba ku rwego rw’abaturage, abayobozi bato n’abakuru ndetse n’igisirikare cyaserukanye akarasisi kadasanzwe. Ubushinwa ni igihugu kigira akarasisi ka gisirikare k’umwihariko.
Repubulika y’Ubushinwa yishimira byinshi yagezeho muri iyi myaka harimo ubukungu, ibikorwaremezo, ikoranabuhanga ndetse no kubaka igisirikare kitajegajega.
Ubushongore n’ubukaka bw’Ubushinwa bwashimangiwe na Perezida Xi JinPing muri ibi birori byabereye muri Tiananmen, aho Zedong yatangarije ku mugaragaro ko iyi Repubulika ibayeho.
” Nta kintu cyajegejeza iki gihugu cyacu gikomeye.” Xi JinPing.





