Kuva mu 1963 abaperezida barenga 22 bo muri Afurika bari bakiri ku butegetsi bagiye bicwa ku kagambane k’igihugu cy’u Bufaransa abenshi bakaba bari abo mu bihugu bwakolonije cyangwa bwabaga bufite ijambo muri politiki yabyo. Uheruka kwivuganwa akaba ari perezida Kadhafi wa Libya wishwe ku kagambane k’inzego z’ubutasi z’u Bufaransa zirimo SDECE, DGSE na DST bivugwa ko zagize uruhare rukomeye muri kudeta zagiye ziba muri Afurika.

Kuva ku butegetsi bwa perezida de Gaulle, abayobozi b’u Bufaransa bagiye bibasira abanyafurika muri ubwo buryo. Ubaze za kudeta u Bufaransa bwagiye bugira uruhare mu gutegura no kuziyobora, u Bufaransa bwari bukwiriye kuregwa mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, nyamara ibyaha by’abafaransa birazwi binagaragazwa mu mafilimi mbarankuru adasiba ku mateleviziyo yo mu Bufaransa no muri Afurika hagaragazwamo ko u Bufaransa bwica, bukaroga ndetse bukanasahura umutungo wa Afurika.
Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa ruzwi nka SDECE rushinzwe kurwanya ubutasi ruzwiho kuba rushinzwe gutanga amakuru yo kuyobya abantu nyamara rugira narwo uruhare mu gutegura za kudeta rimwe na rimwe zipfuba. Uru rwego kandi ruzwiho gukorera cyane muri Afurika.
Urundi rwego rushyirwa mu majwi n’urwitwa DGSE ari rwo rwego rw’ingenzi rw’ubutasi rw’u Bufaransa rukorera cyane hanze y’igihugu rukaba rushinzwe kugenzura abayobozi cyane cyane b’Abirabura. Urundi rwego ni DST (Direction de la Securite du Territoire) rushinzwe ubutasi imbere no hanze y’u Bufaransa ku mpamvu zitandukanye.

Uru rwego (DST) ubusanzwe rufite inshingano zo kurinda u Bufaransa ibyago bwaterwa n’abimukira, ruzwiho kuba rukorana n’ibihugu birangwamo igitugu hirya no hino ku isi.
Mu gihugu cya Cameroun nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga Afriquemidi.com ikomeza ivuga, ishyaka UPC ryaharaniraga ubwigenge bwa Cameroun hagati y’1957 kugeza mu 1970. Icyo gihe abantu babarirwa hagati y’100,000 na 400,000 barishwe.

Igihugu cya Togo cyamaze igihe kirekire kiyobowe mu gitugu harimo n’uruhare rw’u Bufaransa. Nyuma y’imyaka 3 kibonye ubwigenge, habayeho imyivumbagatanyo ikomeye maze kuwa 13 Mutarama 1963, Sylvanus Olympio, perezida wa mbere watowe muri demokarasi yicwa na Sgt Etienne Eyadema wari uyoboye agatsiko k’abasirikare b’abarakare. Aba bahiritse ubutegetsi babifashijwemo n’umusirikare w’umufaransa byavugwaga ko ari we ushinzwe umutekano wa Olympio. Eyadema yahise ajya ku butegetsi amaraho imyaka irenga 40 agenda asize igihugu mu bukene bukabije.
Nyuma yo gupfa mu 2005, Eyadema yasimbuwe n’umuhungu we, Faure Eyadema nawe akaba yaragiyeho abifashijwemo n’u Bufaransa.

Muri Centrafrica hari perezida Barthélemy Boganda waguye mu mpanuka y’indege mu buryo buteye amatsiko. Uyu ntiyabashije kubona ubwigenge nyabwo yifurizaga igihugu cye. Barthélemy Boganda yapfuye kuwa 29 Werurwe 1959 aguye mu mpanuka y’indege hagati ya Berberati na Bangui, ubwo yari ari kwiyamamaza mu gihugu imbere.
Icyo gihe yasimbuwe by’agateganyo na Dr Abel Goumba wari minisitiri wa leta akaba na perezida w’inama ya guverinoma. Uwitwa David Dacko wari ukiri muto akaba yarakoranye bya hafi na Boganda, abifashijwemo n’Abafaransa babaga I Bangui babashije kwegezayo Abel Goumba maze aba perezida wa mbere wa Centrafrica yigenga mu 1960 kugeza mu 1966 ndetse aza no kongera kugaruka ku butegetsi hagati y’1979 kugeza mu 1981.
Dore urutonde rw’abari ba perezida muri Afurika bivugwa ko bishwe ku kagambane k’u Bufaransa kuva mu 1963 kandi bakiri ku butegetsi
Mu 1963 : SYLVANUS OLYMPIO, Perezida wa Togo
Mu 1966 : JOHN-AGUIYI IRONSI, Perezida wa Nigeria
Mu 1969 : ABDIRACHID-ALI SHERMAKE, Perezida wa Somalia
Mu 1972 : ABEID-AMANI KARUMà‰, Perezida wa Zanzibar
Mu 1975 : RICHARD RATSIMANDRAVA, Perezida wa Madagascar
Mu 1975 : FRANà‡OIS-NGARTA TOMBALBAYE, Perezida wa Tchad
Mu 1976 : MURTALA-RAMAT MOHAMMED, Perezida wa Nigeria
Mu 1977 : MARIEN NGOUABI, Perezida wa Congo Brazaville
Mu 1977 : TEFERI BANTE, Perezida wa Ethiopia
Mu 1981 : ANOUAR EL-SADATE, Perezida wa Misiri
Mu 1981 : WILLIAM-RICHARD TOLBERT, Perezida wa Liberia
Mu 1987 : THOMAS SANKARA, Perezida wa Burkina Faso
Mu 1989 : AHMED ABDALLAH, Perezida wa Comores
Mu 1989 : SAMUEL-KANYON DOE, Perezida wa Liberia
Mu 1992 : MOHAMMED BOUDIAF, Perezida wa Algeria
Mu 1993 : MELCHIOR NDADAYà‰, Perezida w’u Burundi
Mu 1994 : CYPRIEN NTARYAMIRA, Perezida w’u Burundi
Mu 1994 : JUVà‰NAL HABYARIMANA, Perezida w’u Rwanda
Mu 1999 : IBRAHIM BARRà‰-MAàNASSARA, Perezida wa Niger
Mu 2001 : LAURENT-Dà‰SIRà‰ KABILA, Perezida wa Congo-Kinshasa
Mu 2009 JOàƒO BERNARDO VIEIRA, Perezida wa Guinea Bissau
Mu 2011 : MOUAMMAR KHADAFI, Perezida wa Libya
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


