Abantu benshi bapfuye abandi baburirwa irengero nyuma y’uko amato abiri yagonganye ku mugezi wa Kongo hafi ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ni impanuka y’ubwato yabaye kuri uyu wa Mbere taliki 12 Gashyantare 2024, abantu babarirwa mu binyacumi bahasiga ubuzima abandi bataramenyekana umubare baburirwa irengero.
African news, itangaza ko nyuma y’akanya gato aya mato agonganye, abaturage bagize ubwoba bamwe batinya ko hari ababo bayiguyemo arinako bafatanya n’izindi nzego gutanga ubutabazi.
Uretse kuba aya mato yari atwaye abagenzi, amakuru avuga ko yari yikoreye n’ibicuruzwa byinshi bikaba binacyekwa ko byagize uruhare muri iyo mpanuka no kuba hari ababuriwe irengero kubera uburemere bwabyo.
Umubare nyirizina, waba uw’abantu bari bari muri ayo mato, uw’abapfuye, uwarokowe n’uwaburiwe irengero nturatangazwa, gusa ku ruhande rw’abahasize ubuzima ngo ugera mu binyacumi.
Muri Mutarama abagenzi 50 bari mu bwato bw’ibiti bararohamye ku kiyaga cyo mu burasirazuba bwa Kongo barapfa.


