Nyuma y’amasaha make Umuvugizi w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Brig. Gen. Sylvain Ekenge atangaje ko ingabo z’u Rwanda zafashije umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gitero wagabye ku birindiro bya Tshanzu na Runyoni muri Teritwari ya Rutshuru, tariki ya 28 Werurwe 2022, Guverineri Habitegeko François w’Intara y’Uburengerazuba yarabinyomoje.
Mu itangazo rya Gen. Ekenge, yasobanuye ko ingabo zabo zafatiye mu mirwano abasirikare babiri b’u Rwanda, Warrant Officer Jean Pierre Habyarimana na John Uwajeneza Muhindi, ariko Guverineri Habitegeko yavuze ko iki ari ikinyoma, kuko aya mazina yumvikanye mu nama yahuje inzego z’ubutasi z’u Rwanda na RDC yebereye i Kigali tariki ya 25 Gashyantare 2022.
Guverineri Habitegeko nta byinshi yavuze kuri iyi nama y’ubutasi, ariko ikinyamakuru Jeune Afrique mu nkuru cyasohoye kuri uyu wa 30 Werurwe 2022, cyatangaje ko hari ayo cyamaze kubonamo amakuru arambuye, arebana by’umwihariko n’amazina y’aba Gen. Ekenge yemeza ko ari abasirikare b’u Rwanda baherutse gufatwa.
Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?U-Rwanda-rwanyomoje-FARDC-yatangaje-ko-RDF-yafashije-M23-kuyigabaho-ibitero
Iki kinyamakuru kivuga ko iyi nama ku ruhande rwa RDC yitabiriwe na Gen. Michel Madiangu, umuyobozi mukuru w’agateganyo w’urwego rw’ubutasi ruzwi nka ANR, akaba ari na we watanze amakuru kuri Habyarimana na Uwajeneza.
Gikomeza kivuga ko mu nyandikomvugo yakozwe ku byo Gen. Madiangu yavuze kuri aba bantu, harimo ko Habyarimana yafashwe n’igisirikare cya RDC tariki ya 1 Gashyantare 2022, gusa ngo igihe Uwajeneza we yafatiwe ntikigaragara, keretse ngo we yaturutse mu Karere ka Nyabihu.
Muri iyi nama, impande zombi zaganiriye cyane kuri M23 yari yararambitse intwaro mu 2013, nyuma igahindukira, ikongera ikisuganya, igasubukura ibikorwa byo kurwanya ubutegetsi bwa RDC.
Icyo gihe, ngo Gen. Madiangu yavuze ko abarwanyi ba M23 bari barahungiye mu Rwanda batangiye kwisuganyiriza mu Ruhengeri, binjiza abahoze mu mutwe wa CNDP washinzwe na Gen. Laurent Nkunda ndetse n’abahoze mu ngabo z’u Rwanda, bagamije kongera gutera RDC.
Umukuru w’ubutasi bwa RDC yavuze kandi ko M23 ubu ifite abarwanyi bari hagati ya 200 na 250, bose bayobowe na Gen. Sultani Makenga wari umwe mu bayobozi bakuru bayo mbere y’uko isenyuka mu 2013, ngo ikaba ifashwa n’ibihugu by’abaturanyi.


