Hahishuwe umugambi mugari wo kwigaragambya muri Uganda hose

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bahuzabikorwa bo muri National Unity Platform (NUP) ya Bobi Wine, Abdul Kabenge yahishuye ko hari umugambi wo gukora imyigaragambyo muri Uganda hose nyuma y’amatora.

Uyu uvuga ko ahagarariye abamotari muri NUP, avuga ko hari umugambi w’abamotari wo kuzigaragambya mu gihe na nyuma y’amatora muri Uganda kugira ngo igihugu cyadukemo akaduruvayo.

Chimpreports ivuga ko Kabenge yagize ati ” Twateguye umugambi mugari wo kwigaragambya mu gihugu cyose kandi abamotari (Boda boda) ari bo babiri imbere.”

Ibiro by’umukuru w’igihugu bivuga ko Kabenge na bagenzi be bari mu cyitwa Boda Freedom, bagera ku 6,00 bavuga ko bageze aho bareka umugambi wo guhungabanya igihugu. Ati ” Twahisemo kureka umugambi wo guhungabanya igihugu cyacu bikozwe n’abanyamahanga.”

” Twahisemo ko twagenda tugatora, tugataha tugakurikirana televiziyo, haba hari ibitatunyuze, tukitabaza inkiko.”

Kabenge ari mu itsinda riherutse guhura na Museveni rivuga ko rikeneye amafaranga ngo ritazateza akavuyo mu matora nk’uko BWIZA yabibatangarije. Aba ariko Umuvugizi wa NUP, JOel Ssenyonyi yavuze ko abo bantu atabazi mu ishyaka.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *