20260321_142120

Hakimi yanze igikombe cya AFCON, ashimangira ko Sénégal ari yo yatsinze

Sangiza iyi nkuru

Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi yatangaje ko atemera igikombe cya Afurika (AFCON) cyahawe igihugu cye, avuga ko atabona Maroc nk’iyatsinze ayo marushanwa.

Mu itangazo rye, Hakimi yavuze ko yanze kwakira icyo gikombe ndetse n’umudali w’intsinzi, ashimangira ko ikipe ya Senegal ari yo yari ikwiye kwegukana igikombe, hashingiwe ku byabereye mu kibuga.

Ibi bibaye nyuma y’icyemezo cyafashwe na CAF cyo guhindura ibyavuye ku mukino wa nyuma wa AFCON 2026.

CAF yahaye Maroc intsinzi ya 3-0 ku mpamvu z’amategeko, ivuga ko Sénégal yarenze ku mabwiriza nyuma yo kuva mu kibuga by’igihe gito mu rwego rwo kwamagana penaliti.

Nubwo Sénégal yagarutse mu kibuga igakomeza umukino, ikanatsinda igitego 1-0 mu minota y’inyongera, CAF yaje gufata icyemezo ko ibyo bakoze binyuranyije n’amategeko, bityo igikombe gihabwa Maroc.

Nubwo igihugu cye cyahawe intsinzi ku mpapuro, Hakimi yavuze ko we yemera ibyabereye mu kibuga, aho Sénégal ari yo yatsinze.

Yagaragaje ko ibyo ari ihame rye nk’umukinnyi wubaha umupira w’amaguru, anasaba bagenzi be gutekereza kuri icyo cyemezo.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *