Hamenyekanye icyateye Perezida Tshisekedi guhagarika ijambo ryo kurahira atarirangije

Sangiza iyi nkuru

Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yari yateye benshi impungenge ubwo yahagarikiraga hagati indahiro ye, akaba asobanura ko byatewe n’umunaniro yari afite.

Umuhango wo kurahira kwe nk’umukuru w’igihugu wabaye ku wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, witabirwa n’imbara y’abantu i Kinshasa. Tshisekedi yafashwe n’uburwayi bw’akanya gato, avuga ko yari afite umunaniro watewe n’igihe kirekire yamaze yiyamamaza, mu gihe benshi bari bahangayitse bakeka ko yaba yarozwe.

Nyuma y’akaruhuko k’umwanya muto, yasubiye mu mwanya yari arimo akomeza ijambo anasaba abari bari aho kumwihanganira.

Umuvugizi we aganira na Reuters, yatangaje ko Perezida yari yambaye umwambaro umukingira amasasu (bullet proof vest) wari umwegereye cyane, ko nawo uri mu byari bimubangamiye.

Felix Tshisekedi ni umuhungu wa Etienne Tshisekedi wamenyekanye cyane muri politiki yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na mbere ikitwa Zaire, yaje kwitaba Imana intebe y’umukuru w’igihugu atayicayeho nk’uko yagaragaje kenshi ko ayishaka.

Felix Tshisekedi w’imyaka 55 agiye ku butegetsi asimbuye Perezida Joseph Kabila wari ubumazeho imyaka 18, akaba ari nawe Perezida wa Mbere w’iki gihugu ufashe ubutegetsi biciye mu matora kuva cyabona ubwigenge.

et
Felix Tshisekedi na Perezida Joseph Kabila

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *