Hamenyekanye uko mu 2011 Zlatan Ibrahimovic yishe intare muri Afurika y’Epfo

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu wa AC Milan n’ikipe y’igihugu ya Suède, Zlatan Ibrahimovic, yashinjwe kuba muri 2011 yariciye intare muri Afurika y’Epfo; hanyuma uruhu rwayo, umutwe n’amajanja akabitwara mu gihugu cye.

Zlatan mu busanzwe ukunze kwiyita Intare, yanenzwe cyane mu gihugu cye kubera kwica iyo nyamaswa.

Ikinyamakuru ‘Expressen’ cyo mu gihugu cya Suède, cyanditse ko mbere y’umwaka umwe ngo Zlatan yice iriya nyamaswa ayirashe, yari yarabanje gusaba uruhushya rwo guhiga akaruhabwa.

Dailymail yavuze ko mu busanzwe muri Afurika y’Epfo guhiga intare byemewe, ariko ku babifitiye uruhushya.

Cyakora cyo guhiga intare zifungiye ahantu runaka ku buryo zidashobora kuhasohoka ntibyemewe, bitandukanye n’iziba ahandi hantu hisagaguye.

Expressen mu icukumbura ryayo, yatahuye ko Zlatan yishe iriya ntare nyuma yo gusuzuma abahigi 82 bo muri Suède bari bahigiye kwica inyamaswa z’inkazi basohokeye mu mahanga, hanyuma bagatahukana mu gihugu bimwe mu bice byazo nk’ibikombe.

Uwahaye kiriya gitangazamakuru amakuru yakibwiye ko intare Zlatan Ibrahimovic yishe yari imaze umwaka ifungiye ahantu, gusa nyuma ikaza kurekurwa.

Ntacyo Zlatan usanzwe afite igishushanyo kinini cy’intare mu mugongo we aratangaza ku byatangajwe na Expressen, kuko yamuvugishije ntagire icyo ayisubiza.

Zlatan yashinjwe kwica intare, mu gihe izi nyamaswa ziri mu zibasirwa cyane nk’uko ikigo Conservation of Nature Red List of Threatened Species kibitangaza.

Raporo y’Ikigo International Fund for Animal Welfare yo ivuga ko hagati ya 2004 na 2014 inyamaswa zirenga miliyoni imwe n’ibihumbi 700 zishwe n’abashakaga gutwara ibice byazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *