Harakekwa ‘gupangirwa’ kuri Gitifu wa Muhanga ushinjwa gusambanya umukobwa ukora mu kabari

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, yatawe muri yombi ashinjwa gufata ku ngufu Umukobwa ukora mu kabari.

Abazi iby’iki kibazo bavuga ko  uyu gitifu yari afitanye ibibazo na Meya mu gihe abandi bavuga ko yaguye mu mutego yapangiwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice avuga ko yamenye ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uriya Murenge afunze ashinjwa gufata ku ngufu,  akaba ari kuri Sitasiyo ya RIB i Nyamabuye.

Bamwe mu bo bakorana bavuga ko yahoraga ababwira ko Meya wa Muhanga, Uwamariya atamwumva ko ndetse hari abo yakoreshaga kugira ngo bamunanize.

Kuri iyi ngingo, Meya Uwamariya arabihaka akavuga ko hakwisunga ibizava mu iperereza kuko ngo we ibyo atabikora.

Kuri ubu ukekwaho iki cyaha ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Sitasiyo ya Nyamabuye, mu gihe iperereza rigikomeje.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *