Haravugwa akaboko ka ba Jenerali 2 mu ifungwa ry’umunyamakuru Irangabiye

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cy’u Burundi bo ku rwego rwa ba Jenerali, baratungwa agatoki mu gutuma umunyamakuru Irangabiye Floriane afungwa.

Ku wa 13 Gashyantare Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwateye utwatsi ubujurire bw’uyu munyamakuru wahoze akorera Radio yitwa igicaniro, rugumishaho igifungo cy’imyaka 10 yari yarakatiwe.

Irangabiye wafatiwe i Bujumbura muri Kanama 2022 avuye i Kigali, ashinjwa icyaha cyo “gukorana n’imitwe yitwaje intwaro bagamije guhungabanya umutekano w’igihugu mu Burundi”.

Kuva atawe muri yombi yakunze gutabarizwa n’abanyamakuru bagenzi be ndetse n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zigaragaza ko arengana, akazira gusa kuba hari ifoto ye yigeze kujya hanze ari kumwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Mu bongeye gushimangira ko uyu munyamakurukazi arengana harimo ishyirahamwe ry’abanyamakuru batagira umupaka (RSF) ryavuze ko imyaka 10 y’igifungo yahawe idakwiye, ryongera gusaba ko arekurwa.

Hagati aho hari amakuru avuga ko hari bamwe mu basirikare bakomeye mu Burundi bihishe inyuma y’ifungwa rya Irangabiye.

Radio Publique Africaine yatangaje ko GĂ©nĂ©ral de Brigade Ildephonse Habarurema ukuriye Urwego rushinzwe iperereza mu Burundi na mugenzi we Aloys Sindayihebura kuba ari bo bamaze igihe bakoresha ubutabera bw’u Burundi kugira ngo buhane bwihanukiriye uriya munyamakurukazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *