Haruna Niyonzima arashinjwa gutoroka umwiherero

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina mu Ikipe ya Simba yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima we na bagenzi be barimo  Pascal Wawa bashinjwa gutoroka umwiherero barimo mbere yo kujya gucakirana na Al Ahly yo mu Misiri.

Mbere yo kwerekera mu Misiri, Kuwa Kabiri tariki ya 29 Mutarama, yatangarije ikinyamakuru Millardayo cyo muri Tanzania  ko  mu by’ukuri atigeze atoroka umwiherero utegura umukino wo kwishyura uzabahuza na Al Ahly.

Ati “ Abantu bumva mu buryo butandukanye ibivugwa. Twebwe nk’abakinnyi tuzi ko nta kintu cy’agatangaza cyabayeho.”

The Amavubi skipper Haruna Niyonzima has been missing from action due to a long term injury and looks like he will sit out for the rest of the season
Haruna Niyonzima, umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu, Amavubi

Haruna Niyonzima yakomeje avuga ko amashusho ya mugenzi we Pascal Wawa yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yafashwe ikindi gihe.Ni mu gihe byavuzwe ko aya mashusho yafashwe mu gihe Haruna na bagenzi be barindwi barimo Wawa bari batorotse umwiherero.

Mu rurimi rw’Igiswahili gitomoye ati “ Ushobora kuba ufite iyo videwo ariko njye sindayibona. Si ukumushyigikira,iriya videwo ni iy’undi munsi uretse ko twebwe bene adamu iyo habaye ikintu, tuzana ibintu bidafite aho bihuriye. Icyo navuga ibyo byararangiye, dufite undi mukino. Ibi tubishyire ku ruhande, turebe ibindi.”

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Kuri ubu Haruna na bagenzi be bamaze kwerekeza mu Misiri mu Mukino wa CAF Champions League uzaba kuwa 2 Gashyantare 2019.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *