Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere w’amazi mu Rwanda (RWB) cyashyizeho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amazi y’amashyuza mu rwego rwo kuyabungabunga no kurinda impanuka zishobora guterwa n’aya mazi.
Muri aya mabwiriza harimo ko uzajya ahabwa uruhushya rwo gucunga aya mazi no kuyabyaza umusaruro agomba kuzitira icyanya agenzura ndetse no kwita ku gipimo cy’ubushyuhe bwayo mbere y’uko yemerera abantu kuyajyamo, ndetse no kugira abantu bashinzwe umutekano n’abashinzwe ubutabazi babihuguriwe kandi bafite ibikoresho byangombwa bibafasha gutabara.




