Hasobanuye uburyo USA ishobora kuba iri inyuma y’irohama ry’ubwato Moskva bw’u Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) bivuga ko iki gihugu cyaba kiri inyuma y’irohama ry’ubwato bunini bw’intambara bw’u Burusiya, Moskva, bwari bugiye kwifashishwa mu kugaba ibitero muri Ukraine.

BBC News ivuga ko hari umuyobozi wo muri USA utavuzwe amazina, wasobanuye ko mbere y’uko ubu bwato burohama, Ukraine yari yabanje gusaba iki gihugu amakuru y’aho buherereye.

Hanyuma ngo USA yifashishijwe urwego rw’ubutasi, yaje gutanga aya makuru, Ukraine iburasa misile ebyiri, burarohama. Gusa ngo bujya gutanga aya makuru ntibwari buzi ko ubu bwato buraswa.

Ubwo bwari bumaze kuraswa, u Burusiya ntibwabyemeje, ahubwo bwatangaje ko bwafashwe n’umuriro, abari baburimo bakurwamo, intwaro zarimo ziraturika, nyuma burarohama.

USA ntacyo iravuga kuri aya makuru, gusa Umuvugizi w’ingabo zayo, John Kirby yaherukaga kwemeza ko igihugu cye gifasha Ukraine mu rwego rw’ubutasi kugira ngo ibashe kwirwanaho muri iyi ntambara.

Kirby yatanze iki gisubizo kuri uyu wa 5 Gicurasi 2022, ubwo yahakanaga uruhare rwa USA mu iyicwa rya ba General 8 b’u Burusiya baguye muri Ukraine, rwari rukomeje guhwihwiswa.

Yagize ati: “Ntabwo dutanga amakuru y’ubutasi ku hantu abasirikare bo hejuru baherereye ku rugamba, cyangwa ngo tugire uruhare ku hantu ingabo za Ukraine ziteganya kurasa.”

Uyu Muvugizi yavuze ko USA iha ingabo za Ukraine amakuru y’urugamba, maze zikifatira icyemezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *