Bidasubirwaho, hemejwe ko igihugu cya Tunisia kizakira inama itaha y’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, La Francophonie (OIF) izabera mu Gushyingo ku Kirwa cya Djerba nubwo ibihugu bimwe bidashaka ko iki gihugu kiyakira nka Canada, kuva Perezida wa Kaïs Saïed yakwikubira ubutegetsi bwose .
Nyuma yo gusubikwa kabiri, inama ya 18 ya Francophonie izabera ku kirwa cya Djerba cyo muri Tunisia. Aya makuru yemejwe kuri uyu wa Kabiri ushize n’umwe mu begereye uyu muryango.
“Habayeho ibihuha byinshi “, ku bijyanye no guhindura ahantu izabera, ariko “Tunisia yakomeje gushora imari mu myiteguro, yakomeje imirimo … Igihugu cyakomeje umujyo”. Amakuru yizewe agera kuri RFI avuga ko intumwa ziturutse mu bihugu bikoresha Igifaransa nazo zageze kuri uyu wa Kabiri, itariki 6 Nzeri i Djerba, kugira ngo zigenzure aho imyiteguro igeze.
Gusubikwa kabiri
Iyi nama ya 18 ya OIF yamaze gusubikwa kabiri. Iya mbere, yagombaga kuba mu 2020 isubikwa kubera icyorezo cya Covid-19 kimwe n’iya kabiri mu 2021. Ibihugu bigize uyu muryango byahise bisobanura ko byifuza “kwemerera Tunisia […] gutegura iyi nama mu bihe byiza cyane. Icyo gihe igihugu cyari mu myigaragambyo, yamagana kwikubira ubutegesi kwa Perezida Kaïs Saïed ndetse no gukoeza gufunga inteko ishinga amategeko.
Perezida Saïed akaba yarasheshe Inteko Ishinga Amategeko kandi hashyirwaho Itegeko Nshinga rishya riha Umukuru w’igihugu ububasha burenze ubwo yari asanganwe. Ni itegeko nshinga ryatowe ku majwi 94%, ariko bikavugwa ko amatora yitabiriwe n’abaturage hafi 30%.


