Huye: Akurikiranweho gukubita umugore we bikamuviramo urupfu

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 37 ukekwaho gukubita umugore we, mu ijoro ryo ku wa 25/05/2022, mu mudugudu wa Gikomero, Akagari ka Kanyinya, Umurenge wa Maraba, Akarere ka Huye agapfa ku wa 31/05/2022.

Mu ibazwa rye nk’uko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru, uregwa avuga ko yatashye agasanga umugore we atagaburiye amatungo, akamukubita inshyi, imigeri no hasi bari mu cyumba, agasohoka ahunga nyuma y’iminsi mike agapfa avuye kwa muganga.

Naramuka ahamwe n’icyaha cyo gukubita umuntu ku bushake bikamuviramo urupfu , yazahanishwa igifungo kigera ku myaka 20 n’ihazabu y’amafaranga miliyoni 7 hashingiwe ku biteganywa n’ ingingo y’121 y’Itegeko nÂş 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *