Huye: Akurikiranweho kwica mugenzi we amuteye icyuma kubera indaya

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’imyaka 30 akurikiranwe n’Ubushinjacyaha bwa Huye akekwaho kuba yarishe umusore w’imyaka 18 y’amavuko amuteye icyuma mu gatuza.

Iki cyaha bivugwa ko cyakozwe ku itariki ya 07 Mutarama 2022 mu gihe cya saa yine z’ijoro gikorewe mu Mudugudu w’Agacyamu, Akagari ka Rukira, Umurenge wa Huye ho mu Karere ka Huye, bapfuye umukobwa w’indaya yashakaga gutahana bakamwangira.

Ubwo yabazwaga nk’uko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru, uregwa yemeye ko ari we wamuteye icyuma nyuma y’uko bashwanye bapfuye indaya yashakaga gutahana bakamwangira n’inzoga yari yanyoye.

Aramutse ahamwe n’icyaha akurikiranweho uregwa yahanishwa igifungo cya burundu, nk’uko giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *