Imiyoborere y’u Rwanda rw’ubu itandukanye cyane n’imiyoborere y’u Rwanda rwa Jenoside nk’uko byagarutsweho kuri uyu wa kabiri ushize tariki ya 26 Mata 2016 n’umuyobozi w’Akarere ka Huye mu gikorwa cyo kwibuka abari abakozi b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi. Umuyobozi w’Akarere yagaragaje ibibi byakozwe na leta ya kera, anagaragaza ibyiza bya leta y’ubu, aho yasabye Abanyarwanda kwirinda kurangwa n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Mu ijambo rye, Gatarayiha, Umuyobozi wa RAB ishami rya Rubona avuga ko bishimiye ko abambuwe agaciro muri jenoside bari kugasubizwa. Yashimye inzego zose zitandukanye zagize uruhare mu gutuma muri iyi sitasiyo ya RAB Rubona hubakwa urwibutso rwo guha agaciro abazize jenoside. Avuga ko ubumenyi butagira ubumuntu bwakoreka imbaga, nk’uko muri jenoside byagenze. Asaba ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu gushakisha imibiri n’amakuru y’abari abakozi ba ISAR n’ibindi bigo byose byashyizwe hamwe bikabyara RAB.
Gatarayiha avuga ko gushakisha imibiri bikwiye kujyana no gukusanya amateka y’abo bakozi bazize jenoside, imibiri yaboneka igashyingurwa mu rwibutso, kuko rwubatswe ngo rubaheshe agaciro.

Perezida wa IBUKA ku rwego rw’igihugu, Prof Jean Pierre DUSINGIZEMUNGU avuga ko kwibuka no gushyingura mu cyubahiro ari ibikorwa byiza bikiza agahinda abarokotse jenoside. Yongeyeho ko ashimira abantu bagize uruhare mu gufasha Abatutsi, aho yanagarutse ku gushimira uwitwa Buriminyundo wafashije Abatutsi bari basumbirijwe muri jenoside.

Perezida wa IBUKA kandi yavuze ko hakwiye ko uko kwibuka bikorwa bikwiye kuvugururwa, aho hakwiye kubaho umwanya wo kuganira ku babyeyi n’abavandimwe bazize jenoside. Jean Pierre DUSINGIZEMUNGU asanga ngo byari bikwiye ko mu gihe cyo kwibuka, hakwiye gushyirwamo umwanya nk’isaha imwe cyangwa isaha n’igice hakabaho umwanya abaje kwibuka bakaganira ku mico n’ibikorwa byiza byarangaga abazize jenoside.
Ngo n’ubwo imibare ishyirwa hanze na komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya jenoside(CNLG) igaragaza ko ingengabitekerezo yagabanutse, Perezida wa IBUKA yasabye ko CNLG yakongera gusubira mu buryo bukoreshwa mu gukora ubushakashatsi ku ngengabitekerezo ya jenoside, ngo kuko ingengabitekerezo ya jenoside iracyahari mu banyarwanda. Avuga ko kuba abacitse ku icumu bakomeje kwiyubaka , nta mpamvu y’uko hari ababasubiza mu icuraburindi, kuko ngo intumbero y’igihugu ari ukwiyubaka, ubuzima bugasimbura urupfu. Asaba ko abagaragaweho n’ingengabitekerezo ya jenoside bakwiye gukurikiranwa, bagahanwa n’amategeko.

Ibi ni na byo kandi byagarutsweho n’uwari uhagarariye CNLG, Bideri, aho yongeye kwibutsa ingingo zihana ingengabitekerezo. Yagaragaje ko uwagaragaweho n’ingengabitekerezo ya jenoside, guhakana no kuyipfobya bahanishwa igifungo kuva ku myaka 5 kugeza kuri 9, n’ihazabu hagati y’ibihumbi ijana na miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda. Yavuze ko ababishinzwe bakwiye guhana nta kubabarira abagaragaweho n’ingengabitekerezo ya jenoside.
Umuyobozi w’Akarere yagize icyo avuga ku ngengabitekerezo
Umuyobozi w’Akarere ka Huye KAYIRANGA MUZUKA Eugene yavuze ko abanyarwanda bagaya abiyitaga abanyabwenge bateguye bakanashyira mu bikorwa jenoside. Uyu muyobozi kandi yanenze abitwaga ko bari abayobozi, bateguye jenoside bakanayishishikariza bamwe mu benegihugu kwica abavandimwe babo. Aha ni na ho kandi yanenze buri muturage wese washowe muri jenoside , ntibagoboke abicwaga.

Uyu muyobozi yashimye imiyoborere myiza yashyizweho na leta nziza irangajwe imbere na Nyakubahwa Prezida wa Repubulika. Ashima icyerekezo cyiza n’uburyo u Rwanda rumaze kwiyubaka nyuma y’imyaka 22. Uyu muyobozi avuga ko u Rwanda rutakubakira ku ngengabitekerezo ya jenoside, kuko u Rwanda rw’ubu rutandukanye n’urwa kera, imiyoborere ya mbere ya jenoside si yo y’ubu. Bityo akaba asaba abanyarwanda guhinduka no guhindura imitekerereze.
Yagize ati:” Ntabwo dukwiye kugira abantu bagitekereza mu ngengabitekerezo ya jenoside nk’aho batabona ingaruka zavuye muri jenoside .”
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ni ikigo kigizwe n’ibigo bitandukanye byahurijwe hamwe. Mu bigo byahurijwe bigakora ikiswe RAB, harimo Ikigo cy’igihugu cy’ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi (ISAR), Ikigo cy’igihugu cyari gishinzwe guteza imbere ubworozi (RARDA) na cyo cyari cyarahuje Ikigo cy’Igihugu cyari gishinzwe gutera intanga amatungo(CNIA) na Laboratwari y’Igihugu y’Ubworozi(LVNR)n’Ikigo cy’Igihugu cyari gishinzwe guteza imbere ubuhinzi(RADA)cyari cyarahuje serivisi yari ishinzwe Imbuto z’indobanure(SSS) na Serivisi z’Iyamamazabuhinzi.
SRC: huye.gov.rw
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com







