Perezida Joseph Kabila yatangaje ko amatora azaba nyuma y’igikorwa cyo kubarura abazatora cyatangijwe kuwa 31 Nyakanga muri Nord-Ubangi na komisiyo y’igihugu y’amatora (CENI).
Ibi perezida kabila akaba yarabitangaje kuwa 04 Kanama, mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yari ari kumwe na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni mu Karere ka Kasese ko muri Uganda.

Perezida Joseph Kabila yatangaje ko nyuma yo kubarura abazatora, komisiyo y’amatora izakurikizaho gutangaza ingengabihe y’amatora hanyuma igatumiza amatora nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga.
Kabila yagize ati: “Kuri ubu, twabanje kubarura abatora kuva kuwa 31 Nyakanga. Ni igikorwa kizafata igihe kugeza tugize lisiti y’amatora kandi iyo lisiti nimara kuboneka, hazahita hatangazwa ingengabihe y’amatora. Uko niko amatora ategurwa. Mbese, mwihangane, kuko itariki nimara gufatwa na CENI, nzaba uwa mbere kuyitangaza kandi muzamenyeshwa.”
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Amatora ya Congo, Corneille Nangaa, yari yijeje ko iryo barura ari intangiriro y’igikorwa kizageza ku matora rusange.
Muri Gashyantare, uyu mugabo akaba yari yatangaje ko igikorwa cyo gusubiramo lisiti y’itora gishobora kumara byibuze hagati y’amezi 16 na 17.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


