Ikigo cy’Igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro ( RURA) cyatangaje ko ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Mutarama 2019.
RURA yibukije ko ibi biciro bigomba gutangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu, nyuma y’umunsi umwe gisohoye itangazo rigena ibi biciro.
Mu itangazo ryashyizweho umukono ku wa 3 Mutarama 2019, n’Umuyobozi Mukuru w’iki kigo, Lt.Col Nyirishema Patrick, rigena ibiciro muri ubu buryo:
Igiciro cya Lisansi mu Mujyi wa Kigali ntikigomba kurenga 1013Frs/ Litiro
Igiciro cya Mazutu mu Mujyi wa Kigali ntikigomba kurenga 1039Frs/Litiro
Agatangaza ko iri manuka ry’ibiciro ribayeho bitewe n’imanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga.




